Radio

Ejo
Ejo ni ikiganiro cy'iminota 30 gitegurwa n'urubyiruko rwo mu Rwanda, kibanda ku bibazo binyuranye ruhura na byo. Ibyo birimo kwihangira imirimo, guteza imbere umuco wo kuganiro mu cyubahiro, no gushimangira ubumwe n'ubwiyunge mu karere k'ibiyaga bigari by'Afurika.
Amakuru y'Akarere
Mu Burundi leta yatanze itegeko rikuraho gusenga mu masaha y'Akazi kuva kuwa mbere kugeza ku wa gatanu. Ministeri y'Ubutegetsi bw'igihugu ivuga ko biri mu rwego rwo kubahiriza amategeko asanzwe mu gihugu. Mu Burundi kandi kuva taliki 20 zuku kwezi ministeri y'ubutabera iratangiza ubukangurambaga bwo kurangiza imanza zari zaradindiye. Abaturage bafite imanza zitararangizwa barasabwa kugana inkiko zibegereye kugirango badacikanwa. Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abaturage b’Abanyamulenge ibihumbi n'ibihumbi barimo barahungira mu mujyi wa Baraka, mu ntara ya Kivu y'Epfo. Barabiterwa n'ibitero by’abarwanyi ba Mai Mai byibasiye imihana batuyemo mu Bibogobogo