RDC: Imitwe Inyuranye y'Inyeshyamba Irashaka Gufasha Leta Kurwanya M23

Abasirikare bakuru mu ngabo za Leta ya Kongo barimo kwiga ku buryo bwo kurwanya inyeshyamba

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo imitwe itandukanye y’inyeshyamba imaze gutangaza ko igiye gufatanya na leta kurwanya inyeshyamba za 23.

Iyo mitwe yiganjemo iya Mai Mai ikorera mu ntara za Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru iravuga ko ibikora mu rwego rwo gukunda no kurengera igihugu.

Gusa mu minsi yashize Leta ya Kongo yari yahakanye inkunga yayo ariko ubu iyi mitwe ivuga ko igiye kubikora leta yaba ibyemera cyangwa itabyemera.

Mu kanya gashize, Geoffrey Mutagoma yavuganye n’abanyamakuru b’ijwi ry’Amerika Jimmy Shukrani Bakorera muri Kivu ya Ruguru na Vedaste Ngabo muri Kivu y’Epfo ababaza ku byatangajwe n’izo nyeshyamba.

Your browser doesn’t support HTML5

Muri Kongo Imitwe y'Inyeshyamba Irashaka Gufasha Leta Kurwanya M23