Bishop John Rucyahana wo mu itorero ry'Abangilikani mu Rwanda aravuga ko amatorero n'amadini yagize uruhare rukomeye mu kunga abanyarwanda nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gusa uyu mugabo wahoze akuriye komisiyo y'ubumwe n'ubwiyunge mu Rwanda asanga abanyamadini n'amatorero bagifite akazi gakomeye ko gukomeza kunga abanyarwanda.
Ibi n'ibindi bikubiye mu kiganiro cyihariye Rucyahana uri mu kiruhuko cy'izabukuru yahaye Ijwi ry'Amerika muri ibi bihe isi yibuka ku nshuro ya 28 jenoside yakorewe abatutsi. Yaganiriye na Eric Bagiruwubusa.
Facebook Forum