Uko wahagera

Amerika Yateye Ikigo cya ISIS muri Somaliya


اندرون لاہور کے علاقے بھاٹی گیٹ کے بازارِ حکیماں میں فقیر خانہ میوزیم سے متصل یہ دکان گزشتہ 45 برسوں سے قائم ہے۔
اندرون لاہور کے علاقے بھاٹی گیٹ کے بازارِ حکیماں میں فقیر خانہ میوزیم سے متصل یہ دکان گزشتہ 45 برسوں سے قائم ہے۔

Indege z’intambara za Leta zunze ubumwe zarashe ikigo cya ISIS, umutwe wa Leta ya Kiyisilamu, mu mudugudu wa Buqa, mu ntara ya Puntland, mu majyaruguru y’igihugu.

Biratangazwa n’Ishami ry’Igisomali ry’Ijwi ry’Amerika, ryavuganye n’umuyobozi umwe muri minisiteri y’ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika, abayobozi b’ibanze n’abaturage bo muri Puntland. Umuyobozi w’umujyi wa Qandala, wo muri iyo ntara, Jama Mohamed Qurshe, yabwiye Ijwi ry’Amerika, ishami ry’Igisomali, ko missiles esheshatu zarashe mu mudugudu wa Buqa, muri kilometero 60 uvuye Qandala.

Kugeza ubu, iki gitero cyahitanye umuntu umwe, nk’uko uwo mutegetsi w’Amerika yabivuze.

Abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri Puntland basobanuriye Ijwi ry’Amerika ko bakeka ko cyari kigamije kurasa abayobozi bo hejuru ba ISIS, barimo komanda mukuru w’igice cy’amajyaruguru n’uburasirazuba bwa Somalia hose witwa Sheikh Abdulkadir Mumin.

Facebook Forum

XS
SM
MD
LG