Etiyopiya yihanije Sudani kuri uyu wa kabiri ivuga ko itagishobora kwihanganira ko icyo gihugu kiguma kongera abasirikare ku mupaka bihuriyeho mu gihe ibihugu byombi byari bikiri mu nzira yo gukemura ibibazo binyuze mu nzira y'ibiganiro.
Kuva mu mwaka ushize, havutse ikibazo cy'ubutaka bw'ahitwa al-Fashqa, buherereye muri Sudani ukurikije umupaka mpuzamahanga, ariko abahinzi bo muri Etiyopiya bamaze igihe babutuyeho.
Minisitri w'ububanyi n'amahanga wa Etiyopiya, Dina Mufti, yabwiye abanyamakuru mu murwa mukuru Addis Abeba ko bigaragara ko Sudani irimo kwenyegeza ishaka intambara n'ubwo Etiyopiya isaba ko ikibazo cyakemurwa binyuze mu biganiro.
Cyakora yongeraho ko buri kintu cyose kigira aho kigarukira, bityo no kwihangana kwa Etiyopiya nako gufite aho kugarukira.
Minisitri w'itangazamakuru akaba n'umuvugizi wa guverinoma ya Sudani yavuze ko igihugu cye kidashaka intambara na Etiyopiya ariko ko ni haramuka hagize ucyendereza kitazabura kwirwanaho.
Tariki ya 31 z'ukwezi gushize Sudani yatangaje ko yigaruriye ubutaka bwayo bwose. Etiyopiya ivuga ko Sudani yayiciye mu rihumye ihugiye mu kibazo cy'imirwano yo mu ntara ya Tigre, ikigarurira ubutaka bwayo ikanyaga n'imitungo y'abaturage.
Facebook Forum