Uko wahagera

Kuvugurura Itegeko Nshinga mu Rwanda


Abadepite bemeje umushinga wo kongera kuvugurura itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda. Minisitiri w’ubutabera, Karugarama Tharcisse, niwe washyikirije abadepite ishingiro ry’umushinga w’ivugurura ry’itegeko nshinga. Yagaragarije abadepite ko ingingo 50 arizo zigomba kuvugururwa. Ni ku nshuro ya 3 iryo tegeko rivugururwa nyuma y’imyaka itanu ritowe n’abaturage.

Muri uwo mushinga, bavuga ko ibyaha Perezida wa Repubulika akoze yakwiye kubikurikiranwa akiri mu kazi hadategerejwe ko akavamo kugira ngo abone kubikurikiranwaho. Ibi Minisitiri Karugarama yavuze ko ari ukurwanya ko hazabaho kumuhimbira ibyaha atakoze.

Kuri aha, twababwira ko uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Pasteur Bizimungu, ubwo yakatirwaga imyaka 15 y’igifungo, mu byaha yaregwaga harimo icyaha cyo kunyereza umutungo yakoze akiri Perezida w’u Rwanda. Mu Kinyarwanda bavuga ko aba nyuma bazaba aba mbere.

Uwo mushinga kandi, wemerera noneho abacamanza n’abapolisi kuba bajya mu mutwe wa politiki bihitiyemo. Minisitiri Karugarama yasobanuye ko kubabuza nk’uko byari bimeze, ari ukubangamira uburenganzira bwabo bwo gutanga ibitekerezo.

Umwe mu badepite yagaragaje ko guhora bavugurura iri tegeko nshinga birutwa n’uko hakongerwa hagatorwa irindi rishya. Minisitiri Karugarama yasubije ko kurivugurura nta kibazo kirimo, kandi ko bibaye ngombwa biri mu burenganzira bw’abadepite kuba basaba ko hatorwa irindi tegeko nshinga rishya.

Abadepite bari bitabiriye imirimo y’inteko rusange bemeje ishingiro ry’uwo mushinga.
Minisitiri Karugarama yabasabye ko bakoresha igihe gito basigaranye mu kwemeza uwo mushinga. Dore ko biteganijwe ko amatora ataha y’abadepite azaba ku itariki ya 15 z’ukwezi kwa 9 mu mwaka wa 2008.

XS
SM
MD
LG