Muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, inzibacyuho ishigaje ibyumweru bitatu kugirango irangire burundu. Turebere hamwe ibisigaye gukorwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 y’ukwa mbere, Inteko ishinga amategeko nshyashya, Congress y’119, iratangira imirimo yayo ku mugaragaro. Abadepite bose uko ari 435 n’Abasenateri 34 bashya bararahira. Abarepubulikani bafite ubwiganze mu mitwe yombi ya Congress: Abadepite 219 ku Bademokarate 215, n’Abasenateri 53 ku Bademokarate 47.
Umutwe w’Abadepite uratora perezida wawo bita “Speaker”. Kandida w’Abarepubulikani ni Depite Mike Johnson. Yari asanzwe kuri uyu mwanya kuva mu kwezi kwa cumi 2023 mu nteko yacyuye igihe. Kandida w’Abademokarate ni Depite witwa Hakeem Jeffries.
Kugirango Speaker atorwe akenera byibura kimwe cya kabiri cy’amajwi y’abagize inteko hiyongereho rimwe. Ni ukuvuga byibura amajwi 218. Johnson rero ni we ufite amahirwe. Kereka habaye icyo twakwita nk’impanuka.
Speaker ni umwanya ukomeye. Icya mbere: Umutwe w’Abadepite ntushobora gutora itegeko igihe cyose udafite Speaker. Icya kabiri: Speaker aza ku mwanya wa gatatu mu ruhererekane rw’ubutegetsi bw’igihugu.
Nk’uko itegeko nshinga ribivuga, iyo Perezida wa Repubulika ananiwe burundu kuzuza inshingano ze kubera impamvu zitandukanye, nk’urupfu, kwegura, kwirukanwa mu kazi, cyangwa se indi mpamvu iremereye cyane, asimburwa na Visi-Perezida wa Repubulika. Uyu nawe aramutse ananiwe kuzuza inshingano icyarimwe n’umukuru w’igihugu ni Speaker uba Perezida wa Repubulika.
Ubwo Congress izaba yarangije gutangira imirimo yayo, yose (imitwe yombi iri hamwe) izaterana ku wa mbere tariki ya 6 y’ukwa mbere kugirango yemeze burundu ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yo kw’itariki ya 5 y’ukwa 11 gushize. Ni ukuvuga kwemeza burundu ko kandida w’Abarepubulikani Donald Trump ari we wayatsinze. Imirimo izaba iyobowe na Visi-Perezida Kamala Harris nka Perezida wa Sena, nk’uko itegeko nshinga ribiteganya.
Kubera ibyabaye imyaka ine ishize, impungenge z’umutekano ni zose. Muribuka ko kw’itariki ya 6 y’ukwa mbere 2021, abayoboke ba Trump bateye Congress bagamije kuyibuza kwemeza ko yari yatsinzwe amatora yo mu 2020 n’uko ari Joe Biden wari watowe. Igitero cyaguyemo abantu batanu.
Ubu rero, inzego z’umutekano ziryamiye amajanja. Leta byibura 24 kuri 50 zigize igihugu zavuze ko zishobora kuzatuma abasirikare, bita National Guard, gutera inkunga mu bikorwa byo kubungabunga umutekano wa Congress, umurwa mukuru Washington DC, n’inkengero zawo. Nyuma y’igitero cyo mu 2021, zimwe muri leta zohereje abasirikare bazo bagera ku 25.000 mu bikorwa by’umutekano w’imihango yo kwimika umukuru w’igihugu mushya.
Nyuma y’imirimo yo kwemeza burundu ibyavuye mu matora, umukuru w’igihugu mushya, Donald Trump azarahira kw’itariki ya 20 y’uku kwezi saa sita y’amanywa kw’isaha ya Washington DC. Ni bwo inzibacyuho izaba irangiye.
Donald Trump azaba abaye Perezida wa 47 wa Leta zunze ubumwe z’Amerika. Yego yabaye na Perezida wa 45 (kuva mu 2017 kugera mu 2021)! Ariko kuba uwa 47 ni ukubera ko agize manda ebyiri zidakurikiranye.
Ni uwa kabiri mu mateka ya Leta zunze ubumwe z’Amerika watsinzwe amatora ari ku butegetsi arongera abugarukaho nyuma ya manda imwe y’uwamusimbuye. Undi umwe rukumbi byari byarabayeho mu mateka y’igihugu, yongera gutorwa bwa kabiri nyuma yo gutakaza ubutegetsi ni Grover Cleveland, perezida wa 22 (kuva mu 1885 kugera mu 1889) n’uwa 24 (kuva mu 1893 kugera mu 1897).
Forum