Uko wahagera

USA: Ikinyamakuru The Washington Post Cyafashe Icyemezo cyo Kudashyigikira Umukandida Prezida


Ahakorera ikinyamakuru The Washington Post
Ahakorera ikinyamakuru The Washington Post

Umunyemari rurangiranwa Jeff Bezos akaba na nyir’ikinyamakuru The Washington Post, kuri uyu wa mbere yafashe icyemezo cy’uko icyo gitangazamakuru nta mukandida prezida muri Amerika kizashyigikira.

Icyo cyemezo cyatumye iki kinyamakuru cyandikirwa hano I Washington, DC, gitakaza abafatabuguzi bo kuri murandasi barenga ibihumbi 200. Iki cyemezo cyatambamiye ishyigikirwa ry’umukandida w’ishyaka ry’abademokarate Visi Perezida Kamala Harris, nk’uko byatangajwe na radiyo yigenga yitwa National Public Radio - NPR.

Kandi abantu benshi babinyujije mu butumwa ku rubuga rw’iki kinyamakuru, banenze Bezos, umuherwe usanzwe ari na we washinze sosiyete Amazon n’urubuga rwayo rukorerwaho ubucuruzi bwo kuri murandasi, ndetse n’ikigo Blue Origin gikora ibikoresho byifashishwa mu ngendo zijya mu isanzure.

Mu gusubiza kuri uku kunengwa, mu gitekerezo yatangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa mbere, Bwana Bezos yavuze ko “benshi mu bantu bibwira ko itangazamakuru ribogamye.” Yongeraho ko Washington Post n’ibindi bitanyamakuru bikwiye kongera icyizere bigirirwa.

Bwana Bezos yavuze ko nta mukandida wamenyeshejwe cyangwa ngo agishwe inama kuri iki cyemezo, kandi ko nta kiguzi cyangwa ingurane yatanzwe ngo gikunde gifatwe.

Uyu muherwe yongeyeho ko nta sano iki cyemezo gifitanye n’inama umuyobozi mukuru w’ikigo Blue Origin yari yagiranye na Donald Trump, kandida-perezida w’ishyaka ry’Abarepubulikani umunsi gifatwa.

Umunyemari Bezos yanditse ati: “Gutangaza ishyigikirwa ry’abakandida ntacyo bimara mu kugaragaza imigendekere y’amatora. Ahubwo mu by’ukuri birema imyumvire y’ukubogama. Imyumvire y’ukutagira ubwigenge. Kubivanaho ni icyemezo gikwiriye, kandi cy’ukuri.”

Radiyo NPR yatangaje ko kugeza isaa sita z’amanywa, abari bamaze guhagarika ifatabuguzi ryabo muri iki kinyamakuru banganaga n’8 ku ijana bya miliyoni 2.5 z’abafatabuguzi iki kinyamakuru gifite.

Abo, nk’uko iyi radiyo ibitangaza barimo n’abafatabuguzi ba kopi zisohoka ku mpapuro. Radiyo NPR kandi itangaza ko n’abanditsi b’inkuru z’ubusesenguzi zihariye muri iki kinyamakuru batangiye kwegura umusubirizo.

Ubuyobozi bw’ikinyamakuru Washington Post bwanze kugira icyo butangaza kuri ibi ubwo umunyamakuru w’ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, yabuvugishaga.

Mu itangazo yasohoye kuwa Gatanu, Bwana William Lewis, umuyobozi mukuru w’ikinyamakuru The Washington Post, yagize ati: “Dusubiye ku mikorere-soko yacu yo kutagira umukandida-perezida dushyigikira.”

Abanditsi 20 b’inkuru z’ubusesenguzi zihariye, mu nkuru y’igitekerezo basohoye ku rubuga rw’iki kinyamakuru, banenze iki cyemezo. Bagize bati: “Icyemezo cya The Washington Post cyo kudashyigikira umukandida mu kwiyamamariza ubuperezida ni ikosa rikomeye.”

Abo bongeyeho ko iki cyemezo kigaragaza “ugutezuka ko myemerere-shingiro mu by’itangazamakuru y’ikinyamakuru dukunda”, The Washington Post.

Forum

XS
SM
MD
LG