Abaturage batuye mu mijyi yegereye umurwa mukuru wa Sudani, Khartoum, bakomeje guhunga ku bwinshi kubera imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta n’iz’umutwe wa Rapid Support Forces, RSF, zirwanya ubutegetsi.
Ni nyuma yuko abarwanyi ba RSF batangiye kugaba ibitero ku kigo cya gisirikali cya Hattab kiri mu majyaruguru ya Khartoum.
Guhera mu kwezi kwa Kane umwaka ushize, ingabo za leta ziyobowe na Abdel Fattah al-Burhan, ziri mu ntambara n’abarwanyi ba RSF bayobowe na Mohamed Hamdan Daglo, wigeze kuba yungirije Jeneral al-Burhan.
Ni intambara imaze guhitana ibihumbi by’abaturage inakura abarenga miliyoni mu byabo.
Umwe mu babyiboneye yavuze ko guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, ingabo z’igihugu zakomeje kurasa ku barwanyi ba RSF zikoresheje imbunda za rutura n’indege z’intambara.
Abahanga ba ONU kuri uyu wa gatanu basabye ko hashyirwaho umutwe wa gisirikali udafite aho ubogamiye wafasha kurindira umutekano abasivili bakuwe mu byabo.
Forum