Uko wahagera

Perezida Biden Yakoranye Ikiganiro co kuri Terefoni na Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli


Nyuma y’urugendo rwa minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Antony Blinken, mu Burasirazuba bwo Hagati, Perezida Joe Biden kuru uyu wa gatatu yahamagaye kuri telefone minisitiri w’intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu.

Barebeye hamwe inzira zo gukura mu gihirahiro imishyikirano yo gushakisha agahenge mi ntambara yo muri Gaza, n’imbohe Hamas yatwaye bunyago.

Nk’uko itangaza rya perezidanse y’Amerika ribivuga, Visi-Perezida Kamala Harris, akaba na kandi w’ishyaka ry’Abademokarate mu matora y’umukuru w’igihugu, nawe yari muri iki kiganiro. Rivuga ko andi makuru kuri iki kiganiro bizakurikiraho nyuma. (Reuters, AFP)

Forum

XS
SM
MD
LG