Uko wahagera

Muri Senegale Kwiyamamariza Umwanya wa Perezida Byatangiye

Abakandida ku mwanya wa Perezida muri Senegali batangiye kwiyamamaza nyuma y’ibyumweru bamaze mu myigaragambyo n’imvururu zimaze iminsi muri iki gihugu.

Ibi byabaye nyuma y’uko taliki y’amatora yari yagenwe yigizwa inyuma. Kuwa gatandatu abankandida batangiye kwiyamamaza ariko bafite igihe gito kuko amatora ateganijwe taliki 24 z’ukwezi kwa gatatu.

Amatora yo muri Senegali yari ateganijwe taliki 25 z’ukwezi gushize ariko Perezida Macky Sall w’icyo gihugu, utemerewe kongera kwiyamamariza indi manda ayigiza inyuma amezi icumi. Iryo tangazo ni ryo ryateye imvururu mu gihugu.

Inama ishinzwe amatora yo muri Senegale yarabyanze ihita ishyiraho italiki nshya y’amatora y’umukuru w’igihugu. Umuvugizi wa giverinoma Abdou Karim Fofana yayitangaje mu cyumweru gishize.

Aliou Tine, impuguke mu bya politike yashinze ikigo cya Afrikajom cyo muri Senegale avuga ko abakandida bafite amikoro ari bo bazungukira muri uyu mwanya muto watanzwe wo kwiyamamaza. Yemeza kandi ko kugeza ubu nta mukandida utonnye kuri rubanda kurusha abanda muri aya matora azaba mu kwezi kw’igisibo cya Ramadan. Abaturage b’igihugu cya Senegal biganjemo abayisilamu.

Birashoboka ko ku isonga hazaza ministri w’intebe Amadou Ba wo mu ishyaka riri ku butegetsi na Bassirou Diomaye Faye, utari uzwi cyane ariko waje kumenyekana kubera ubuyobozi bw’ishyaka rya PASTEF ryasheshwe na we akaza gufungwa.

Amaze hafi umwaka mu buroko ariko agiye gufungurwa nyuma y’uko perezida atanze imbabazi ku bafungiye impamvu za politike. Yaje asimbura Ousmane Sonko nawe ufunze. Uyu yabujijwe kwiyamamaza nyuma yo kuregwa gushora urubyiruko mu bikorwa bikojeje isoni agakatirwa imyaka ibiri y’igifungo

Forum

XS
SM
MD
LG