Perezida Tayyip Erdogan wa Turukiya ku wa gatatu yatangaje ko yiteguye gufatanya na Misiri gusana akarere ka Gaza. Yari mu ruzinduko rwa mbere agiriye muri icyo gihugu kuva mu mwaka wa 2012.
Perezida Erdogan na mugenzi we wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi batanze ikiganiro kigenewe abanyamakuru ku wa gatatu i Kayiro mu murwa mukuru nyuma y’ibiganiro byagaragaje intambwe nini mu kubaka umubano hagati y’ibi bihugu bikomeye mu karere biherereye mo.
Perezida Erdogan yavuze ko mu byo baganiriye, ku isonga hari ibibazo bibangamiye inyoko muntu mu karere ka Gaza. Yavuze ko igihugu cye kizakomeza ubwo bufatanye gifitanye na Misiri kugeza igihe bazabasha guhagarika intambara imena amaraso mu karere ka Gaza. Yongeyeho ko Turukiya yiteguye guhamyaho mu nzira y’ibiganiro na Misiri kugeza habonetse amahoro n’umutekano mu karere.
Perezida Erdogan yavuze ko igihugu cye kizateza imbere ubucuruzi gikorana na Misiri bukazagera kuri miliyari 15 z’amadolari y’Amerika mu minsi ya vuba. Yasobanuye ko ibihugu byombi birimo gusuzuma ubufatanye mu nzego za gisirikare n’ibyerekeye ingufu z’umuriro w’amashanyarazi.
Ku ruhande rwe, Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi we yavuze ko mu myaka 10 ishize umubano ibihugu byombi bifitanye ushingiye ku bucuruzi n’ishoramari warushijeho gutera imbere.
Umubano w’ibihugu byombi wigeze kuzamo igihu nyuma y’uko Abdel Fattah al-Sisi wari umukuru w’ingabo ahiritse ku butegetsi Muhamed Morsi wari waratowe n’abaturage akaba n’inshuti y’akadasohoka ya Turukiya.
Ibihugu byombi byohererezanyije ba ambasaderi umwaka ushize. Turukiya yavuze ko izaha Misiri indege za gisirikare zitagira abadereva za “drones”
Forum