Perezida Joe Biden wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ejo ku wa kabiri yasabye abagize inteko ishinga amategeko kwihutisha kwemeza inkunga ya miliyari 95 z’Amadolari y’Amerika kuri Ukraine, Isirayeli na Tayiwani.
Ni mu gihe Abadepite b’Abarepubulikani biganje mu nteko ishinga amategeko badashyigikiye iyo ngingo.
Perezida Biden yabwiye abanyamakuru ko yahamagariye perezida w’inteko ishinga amategeko kureka inteko yose igatanga ibitekerezo byayo kuri iyo ngingo ntibyayobywe n’amajwi y’ubuhezanguni agamije gutambamira umushinga w’iri tegeko.
Ejo kuwa kabiri Sena y’Amerika yemeje iyo nkunga ku majwi 70 kuri 29. Abarepubulikani barenga 12 bashyigikiye bagenzi babo b’Abademocrate kwemeza iyo nkunga.
Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yahise atangaza ko ashimiye Leta zunze ubumwe z’Amerika, avuga ko inkunga y’Amerika ifasha mu kurengera ubuzima bw'abanya Ukraine no kuburinda ‘iteraboba ry’Uburusiya’.
Forum