Uko wahagera

Nijeriya: Aborozi Bagabye Igitero ku Bahinzi Bica Abantu 30


Umwe mu bakomerekeye mu bitero by'abaturage
Umwe mu bakomerekeye mu bitero by'abaturage

Muri Nijeriya, abantu byibura 30 barishwe abandi benshi barakomereka muri Leta ya Plateau hagati mu gihugu, mu bitero byabaye mu bice by’umujyi wa Mangu.

Ibyo bitero byabaye n’ubwo guverinema y’iyo Leta yari yashyizeho amasaha y’umukwabu.

Ibitero by’abahinzi n’aborozi n’ubushyamirane hagati y’imiryango bikunze kuboneka muri Nijeriya rwagati, ku butaka butuwe n’amoko n’amadini atandukanye. Muri ako gace, urugomo rwahitanye abantu amagana muri iyi myaka ishize.

Urugomo ruheruka ni urwo kuwa kabiri no kuwa gatatu muri iki cyumweru. Rubaye nyuma y’urwakurikiye umunsi wa Noheli muri ako karere. Icyo gihe hapfuye abantu byibura 140.

Kw’itariki ya 23 y’uku kwezi hashyizweho umukwabu uhera ijoro ritangiye ukageza mu rukerera. Abagabye ibitero bibasiye imidugudu myinshi irimo uwa Kwahaslalek, Kinat n’uwa Mairana iherereye ku mipaka ya Mangu na Barkin Ladi. Byavuzwe na Joseph Gwankat, umuyobozi wa MDA, ishyirahamwe ry’abaturage rigamije iterambere ryaho.

Gwankat yabwiye ibiro ntaramakuru by’abongereza, Reuters, kuri telefone ati: “Abahasize ubuzima bari bahungiye mu rugo rw’umuyobozi w’umudugudu nyuma y’intugunda zari zabaye mbere mu mujyi wa Mangu. Abateye bagose iyo nzu, bica abari bayirimo bose”.

Abarusimbutse bavuze ko abagabo bafite imbunda barashe ku bantu nta kurobanura, harimo abagore n’abana kandi ko batwitse amazu n’ibintu.

Mw’itangazo, ishyirahamwe MDA ryamaganye igitero cy’aborozi, kandi ryibaza impamvu ingabo zoherejwe na guverinema y’igihugu mu karere kuva kuri Noheli habaye ibitero ntacyo zakoze ngo zihagarike urugomo.

Umuvugizi w’ingabo za Nijeriya, Tukur Gusau, yavuze ko igisirikare gikomeje kutagira aho kibogamira mu bushyamirane, yongeraho ko ingabo zasubije bya kinyamwuga kandi zikurikiza amabwiriza azigenga.

Gusau mw’itangazo ryo kuri uyu wa kane yagize ati: “Bashoboye gufata abanyarugomo basahuye kandi bagatwika amazu, yemwe banavumbuye intwaro”.

Mw’itangazo ibiro bye byasohoye kuri uyu wa kane, guverineri wa Leta ya Plateau, Caleb Mutfwang yamaganye ibyo bitero kandi ahamagarira ituze mu gihe guverinema ye, “irimo gufata ingamba zo gutuma ubuzima n’ibindi bidakomeza kuhatikirira. (Reuters

Forum

XS
SM
MD
LG