Uko wahagera

Ibikorwa vyo Gutabara Abarenga 400 Bacukura Inzahabu muri Afurika y'Epfo

Muri Afurika y’epfo, abakozi amagana bo mu bucukuzi bwa zahabu, bari bamaze iminsi irenga ine munsi y’ubutaka, batangiye kuzamuka imusozi kuri uyu wa mbere.

Isosiyeti The Gold One, ivuga ko abacukura mu birombe barenga 400, bari bafatiwe mu bisimu bya Springs, mu burasirazuba bwa Johannesburg, mu mugoroba wo kuwa kane.

Ibiro ntaramakuru by’abafaransa, AFP, bivuga ko abo bakozi bo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, batangiye kugaruka ku butaka, mu matsinda mato mato mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere.

Bamwe bashyize ibipfunsi hejuru, ubwo banyuraga hafi y’uruzitiro rw’abashinzwe umutekano rwari hafi y’ahinjirirwa n’abajya mu birombe.

Umukozi umwe muri iryo tsinda, yabwiye AFP, ko ibintu byari bimaze gukomera, nyuma y’iminsi, ibiribwa n’amazi bimaze gukendera.

Itsinda rito ry’abakozi, ryafashe bagenzi baryo ho “ingwate” kuwa kane, ribabuza gusohoka mu birombe.

Abategetsi mw’isosiyeti Gold One, bavuze ko igikorwa gishya “cyo gufata abantu bugwate”, gifitanye isano ibikorwa byo kwumva ibyabaye mbere, byatumye abakozi bagera muri 50 birukanwa. Abakora mu bucukuzi bivumbuye, basabye ko abo basubizwa ku mirimo.

Abakozi bo mu birombe barenga 500, bari bamaze iminsi igera muri itatu, bagotewe munsi y’ubutaka, muri iyo mine, mu kwezi kwa 10 gushize, ubwo urugaga rw’abakozi rwari rwananiwe kwumvikana n’abayobozi.

(AFP)

Forum

XS
SM
MD
LG