Uko wahagera

Rwanda: Perezida Kagame Yafunguye Uruganda Rushya Rukora Sima


Perezida Paul Kagame ( i Buryo) na ambasederi w'Ubushinwa mu Rwanda Wang Xuekun bafungura uruganda rushya rwa sima i Muhanga mu majyepfo y'u Rwanda.
Perezida Paul Kagame ( i Buryo) na ambasederi w'Ubushinwa mu Rwanda Wang Xuekun bafungura uruganda rushya rwa sima i Muhanga mu majyepfo y'u Rwanda.

Mu Rwanda kuri uyu wa kane hafunguwe uruganda rushya rwa Sima mu karere ka Muhanga, mu majyepfo y’igihugu.

Ni uruganda rufite ubushobozi bwo gukora toni ibihumbi 3000 za sima ku munsi. Uru ruganda ruherereye mu cyanya cy'inganda kiri mu Murenge wa Nyamabuye. Rwubatswe n’abashoramali b’Abashinwa.

Rwuzuye rutwaye miliyoni 100 z’Amadolari y’Amerika. Rwubatswe n’Ikigo Anjia Prefabricated Construction gifite icyicaro muri Etiyopiya ariko gikorera mu bihugu bitandukanye.

Rwafunguwe na Perezida Paul Kagame ari kumwe n’uhagarariye ubushinwa mu Rwanda n’ uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn washimiwe kuba ariwe wagejeje aba bashoramari mu Rwanda.

Kurikira inkuru irambuye hano hepfo mu ijwi ry’umunyamakuru Assumpta Kaboyi

please wait

No media source currently available

0:00 0:05:27 0:00

Forum

XS
SM
MD
LG