Kuri uyu wa kabiri, isi yose irizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubwisanzure bw'itangazamakuru.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi n’umuco rivuga ko uyu munsi ari uwo gushyigikira ibinyamakuru byibasirwa bikabuzwa kutangaza amakuru. Rivuga kandi ko ari umunsi wo kwibuka abanyamakuru bishwe bari mu kazi kabo.
Mu Burundi, baba abaturage, cyangwa abanyamwuga ubwabo bemeza ko ubwigenge bwo gutangaza amakuru bwasubiye inyuma cyane.
Muri Leta bo barabihakana n'ubwo bemeranya n'abanyamakuru ko hari abategetsi bimana amakuru. Umunyamakuru w'ijwi ry'Amerika Eloge Willy Kaneza yateguye inkuru ikurikira:
Ijwi ry’Amerika kandi yavuganye n'umwe mu banyamakuru bahunze bava mu Burundi muri 2015. Bob Rugurika yari umuyobozi wa Radio Publique Africaine (RPA). Yatangiye avuga ku ngorane yahuraga na zo nk’umunyamakuru mu Burundi
Facebook Forum