Amakuru mu Gitondo (0330-0400 UTC): Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, uyu munsi arasoza uruzinduko rw'iminsi ibiri mu mujyi wa Pemba, umurwa mukuru w'intara ya Cabo Delgado, mu majyaruguru ya Mozambique. Hari harigaruriwe n'abajihadisiti. U Rwanda rwoherejeyo abasirikare n’abapolisi igihumbi gutera inkunga ingabo za Mozambique kuhabohoza. Perezida ejo yasuye izi ngabo abereye umugaba w'ikirenga. Muri iyi minsi, ibitero bya gerenade bimaze kuba byinshi mu Burundi. Icya nyuma, mu ijoro ryakeye ejo kuwa gatanu, cyahitanye iwe i Bujumbura umutegarugoli w'umusirikare mukuru wo mu ngabo z'igihugu, Colonel Aaron Ndayishimiye, n’umukozi we.
Ibyiciro
-
01-05-2024
Amakuru mu Gitondo
-
30-04-2024
Amakuru mu Gitondo
-
29-04-2024
Amakuru mu Gitondo
-
28-04-2024
Amakuru mu Gitondo
-
27-04-2024
Amakuru mu Gitondo
-
26-04-2024
Amakuru mu Gitondo