Amakuru mu Gitondo (0330-0400 UTC): Amakuru agezweho mu Rwanda, mu Burundi, muri Afurika no hirya no hino kw’isi. Ijwi ry’Amerika kandi ribagezaho n’ibiganiro birambuye ku byabaye iwanyu aho mutuye, hafi y’aho mukorera ndetse no ku mashuri yanyu.
Muri Republika ya demokrasi ya Congo, abavuga ko bigaragambya, bakanasahura ibigo by’ingabo z’umuryango w’abibumbuye irakomeje. Kuri uyu wa gatatu mu gitondo abaturage bateye inkambi nini ya Monusco iri ahitwa Mubambiro, mu birometero 25 uvuye mu mujyi wa Goma
Mu kiganiro Murisanga turavuga ku ndwara y’umuvuduko w’amaraso. OMS igereranya ko abantu bakuru babarirwa muri miliyari imwe na miliyoni 280 bafite hagati y’imyaka 39 na 79 kw’isi hose, bafite ubu burwayi. Abenshi ni baba mu bihugu bikennye cyangwa bikiri mu nzira y’amajyambere.
Ikigo gisanzwe gikora imiti n'inkingo cyo mu Bwongereza, AstraZeneca kimaze gutangiza ubufatanye n'u Rwanda bugamije guteza imbere ubuvuzi bw'indwara y'umuvuduko w'amaraso. Uyu muhango wabaye kuri uyu wa kabiri, wabereye mu bitaro by’akarere ka Nyarugenge.
Abantu bane bishwe n’intsinga z’umuriro w’amashanyarazi zabaguyeho kuri uyu wa gatatu mu mujyi wa Uvira uri mu ntara ya Kivu y’Epfo. Bari mu myigarambyo yo gusaba ko ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zirukanwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.