Amakuru mu Gitondo (0330-0400 UTC): Impunzi z’abarundi n’abanyarwanda zituye mu mugi wa Goma, mu karere ka Nyiragongo no hafi yaho zirasaba ko ibiro bya HCR bifunga. Irani Ivuga ko kwumvikana ku gusubira mu masezerano ya Nikereyeri yo mu 2015 n’ibihugu rutura bisa n’ivyarangiye.
U Rwanda ruvuga ko abasirikare batatu ba Kongo baba binjiye mu Rwanda muri iri joro ryakeye. Umwe yaba yishwe. Muri Uganda hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu 120 by’Umuryango w’abatagira aho babogamiye. Antonio Guterres arasaba byihutirwa agahenge ko kugeza imfashanyo muri Gaza.
Murisanga (1400-1500 UTC): Murisanga itumira umutumirwa, cyangwa abatumirwa kugirango baganire n'abakunzi ba Radiyo Ijwi ry'Amerika. Aha duha ijambo abantu bifuza kuganira n'abatumirwa bacu, batanga ibisobanuro ku bibazo binyuranye bireba ubuzima bw'abantu.
Abasirikare batatu ba Repubulika ya demokarasi Congo binjiye mu Rwanda muri iri joro ryakeye. Muri Uganda hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu 120 by’Umuryango w’abatagira aho babogamiye.Antonio Guterres, arasaba byihutirwa agahenge ko kugeza imfashanyo muri Gaza
Mu Burundi, indwara y’ibibembe yariyongereye mu ntara ya Makamba. Mu matora y’ibanze mw’ishyaka ry’Abarepubulikani muri leta ya Iowa, Donald Trump wahoze ari Perezida wa Amerika, ni we waje kw’isonga. Muri Somaliya, bombe y’umwiyahuzi yahitanye abantu batatu.