Umwepiskopi w'Umurundi Yagirizwa Gushurashura Yatanze Imihoho

Bernard Ntahoturi kumwe n'umuyobozi w'itorero ry'Abanglicane kw'isi Justin Welby

Arkiyepiskopi w’Umurundi Bernard Ntahoturi wo mu itorero Anglikani yeguye ku milimo ye y’umuyobozi w’ikigo cy’Abangilikani i Rome.

Yari ahagarariye kandi kwa Papa umuyobozi w’itorero ry’Abanglikani ryose ryo ku isi, Arkiyepiskopi wa Canterbury.

Musenyeri Ntahoturi aregwa kwitwara nabi byo gushaka gufata abantu ku ngufu, nk’uko inama y’ubuyobozi bw’ikigo yayoboraga cyabitangaje.

Afite imyaka 70. Yigeze kuba umuyobozi w’itorero Anglikani mu gihugu cy’Uburundi cyose.