Umucamanza wo muri Sudani yashinje Omar al-Bashir wahoze ari Perezida wa Sudani ku mugaragaro ibyaha bya ruswa no gutunga amafaranga y'agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ibiro ntaramakuru by’Abongereza byatangaje ko Bashir yavugiye mu rukiko kuri uyu wa gatandatu ko yakiriye miliyoni $25 azihawe n’igikomangoma Mohammed bin Salman cy’Arabia Saoudite.
Gusa yavuze ko ayo madolari atayakoresheje ku bibazo bye bwite. Uburyo Omar al-Bashir yaba yarakoreshejemo ayo madolari ntiburamenyekana.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashinje uyu mugabo w’imyaka 75 wahoze ayobora Sudani, gukora ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyoko muntu na jenoside kubera ibikorwa bye mu gihe cy’intambara yabaye mu karere ka Darfur muri Sudani.
Mu kwezi kwa Gatanu, Bashir yashinjwe kugira uruhare mu iyicwa ry’abantu bigaragambyaga barwanya ubutegetsi bwe.