Urukiko rw’Ikirenga rwa gisiviri, i Kayiro, ni rwo rwafashe uwo umwanzuro uyu munsi kuwa kane ruhanisha igihano cy’urupfu abo bakekwaho kuba abarwanyi 21 nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru bya Leta ya Misiri, MENA.
Ibyo biro ntaramakuru byavuze ko ababuranaga bahamijwe kuba bari mu mutwe wa Ansar Beit Al-Maqdis wahinduye izina ryawo ukiyita Sinai Province.
Uyu mutwe wahinduye izina nyuma yo kurahirira gukorana n’umutwe wa Leta ya Kiyisilamu.