Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika arashinja Ubushinwa gushaka kwivanga no guhangabanya amatora muri Amerika.
Ibyo Trump abivuze nyuma yuko Ubushinwa butangaje ko bugiye kuzamura amahoro ku bicuruzwa biva muri Amerika, bifite agaciro ka miliyari 60 z’amadolari.
Ubushinwa bubitangaje nyuma y’umunsi umwe gusa Leta zunze ubumwe z’Amerika zizamuye amahoro ku bicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 200 z’amadolari biva mu Bushinwa.
Nubwo yashinje Ubushinwa gushaka kwivanga mu matora, perezida Trump ntiyigeze atanga ikimenyetso na kimwe kubyo arega Ubushinwa.
China has openly stated that they are actively trying to impact and change our election by attacking our farmers, ranchers and industrial workers because of their loyalty to me. What China does not understand is that these people are great patriots and fully understand that.....
— Donald J. Trump (@realDonaldTrump) September 18, 2018
.....China has been taking advantage of the United States on Trade for many years. They also know that I am the one that knows how to stop it. There will be great and fast economic retaliation against China if our farmers, ranchers and/or industrial workers are targeted!
— Donald J. Trump (@realDonaldTrump) September 18, 2018
Ubwo yatangazaga ko agiye kuzamura amahoro ku bicuruzwa biva mu Bushinwa, perezida Trump yongeyeho ko Ubushinwa buramutse bwihimuye kuri Amerika bwongera amahoro ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi cyangwa ku nganda, Amerika izabufatira ibindi byemezo bikaze.
Nubwo Ubushinwa buvuga bwiteguye kujya mu biganiro na guverinema ya Trump ku bijyanye n’ubucuruzi, buvuga ko bwiteguye kuva muri ibyo biganiro igihe cyose Amerika ikomeje kubufatira ibihano by’ubucuruzi birimo kuzamura amahoro.