Joe Biden: Amerika Yugarijwe n 'Akazu k'Abaherwe Bashaka Kwikubira Ubukungu n'Ubutegetsi

Perezida Joe Biden ucyuye igihe

Perezida Joe Biden wa Leta zunze ubumwe z’Amerika yaraye avuze ijambo rye ryo gusezera mu gihe hasigaye iminsi ine gusa ngo ahererekanye ububasha na Donald Trump watorewe kuyobora Amerika.

Perezida Joe Biden yahisemo gukoresha iri jambo nk’urubuga rwo kuburira Abanyamerika ku bibazo bikomeye abona byugarije ahazaza h’iki gihugu. Uyu mugabo umaze imyaka irenga 50 muri politike y'Amerika, yavugiye ijambo rye muri prezidansi, ku meza afatirwaho ibyemezo.

Nyuma yo gutangaza ko Isirayeli n’umutwe wa Hamasi muri Palestina bageze ku masezerano y’Amahoro, Biden yahise avuga ikimuhangayikishije ku hazaza h’Amerika: "akaga ko gushyira ubutegetsi mu ntoki z’abaherwe bake, akaga k’ingaruka z’imikoreshereze mibi y’ububasha bafite biramutse bidakumiriwe”.

Yagize ati: “Uyu munsi muri Amerika harimo haravuka akazu k’abaherwe, gashaka kwikubira ubukungu, ubutegetsi n’ijambo; kandi gahangayikishije demukarasi yacu uko yakabaye, uburenganzira bw'ibanze n’amahirwe yo gutera imbere kuri buri wese”

Ntiyagize uwo atunga urutoki, ariko ijambo rye ryaganishaga ku butegetsi bugiye kujyaho kuri uyu wa mbere, aho umuherwe Elon Musk ashobora kuzagira ijambo rikomeye mu myaka ine iri imbere.

Uyu yatanze miliyoni zirenga 100 z’amadolari y’Amerika igihe Trump yiyamamazaga. Hari kandi Mark Zuckerberg ukuriye ikigo META (gifite Facebook) na Jeff Bezos, nyirikigo cya Amazon gikora ubucuruzi kuri murandasi bose batanze amafaranga mu kigega cy’akanama ko kwimika Trump.

Perezida Biden ati: “itangazamakuru ryigenga ririmo rirasenyuka, abakuriye ibitangazamakuru baraburirwa irengero, imbuga mpuzambaga ntizigishakisha ukuri ku byo zishyira ahagaragara, ukuri kwatwikiriwe n’ibinyoma bigamije kugera ku butegetsi n’inyungu”

Mu kwezi kwa karindwi, urukiko rw’ikirenga rw’Amerika rwafashe imyanzuro itambamira ikurikiranwa rya Donald Trump ku bibazo byakurikiye amatora yo muri 2020.

Perezida Biden yavuze ko hakwiriye kubaho kuvugurura Itegeko Nshinga ry’Amerika rikagaragaza neza ko nta mukuru w’igihugu ufite ubudahangarwa bwo gukurikiranwa mu mategeko ku byaha yakoze akiri ku butegetsi.

Ku wa mbere tariki 20 z’uku kwezi Perezida Joe Biden azahererekanya ubutegetsi na Donald Trump watorewe kuyobora Amerika muri manda y'imyaka ine iri imbere.

Your browser doesn’t support HTML5

Perezida Joe Biden Yavuze Ijambo ryo Gusezera