Kenya Yabaye Isubitse Kohereza Abapolisi Muri Hayiti

Perezida William Ruto wa Kenya, na minisitiri w’intebe wa Hayiti, Ariel Henry

Kenya yigije inyuma gahunda yayo yo kwohereza abapolisi kubungabunga umutekano muri Haiti.

Kw’itariki ya mbere y’uku kwezi kwa gatatu, Perezida William Ruto wa Kenya, na minisitiri w’intebe wa Hayiti, Ariel Henry, bashyize umukono i Nairobi ku masezerano yemerera Kenya kohereza abapolisi igihumbi muri Hayiti kuyobora umutwe mpuzamaganga wemewe n’Umuryango w’Abibumbye.

Henry yabaye atarasubira i Port-au-Prince, umurwa mukuru wa Hayiti, imitwe yitwara gisirikare iba yigaruririye igihugu, ifata ibibuga by’indege mpuzamahanga bikuru bikuru, ibigo bya polisi, na gereza nkuru bareka abafungwa barenga 4,000 baratoroka.

Iyo mitwe yavuze kandi ko Henry agomba kwegura. Ku wa kabiri, Henry, utaratahuka kugeza ubu, ari muri Puerto Rico muri Amerika, yatangaje ko yeguye.

Ni byo byatumye Kenya ifata icyemezo. Umunyamabanga mukuru wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga yayo, Abraham Korir Sing'Oei, ati: “Nta rwego rw’ubutegetsi ruri muri Hayiti rwabakira.”

Leta zunze ubumwe z’Amerika isanga nta mpamvu Kenya yatinza umugambi wayo wo kohereza abapolisi muri Hayiti. Nk’uko umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga yayo, Matthew Miller, abitangaza, Amerika yizeye ko bazagenda vuba vuba Hayiti ikimara kubona ubuyobozi bw’inzibacyuho.

Amerika ni yo izatanga imari nini ku ntumwa za ONU muri Hayiti kurusha ibindi bihugu. Yiyemeje gushyiramo amadolari miliyoni 300. Inteko ishinga amategeko – Congress imaze kwemeza gusohora igice cya mbere kingana n’amadolari miliyoni 200.

Hagati aho, ibindi bihugu biragenda bitseta ibirenge. ONU ivuga ko, kugera ejobundi ku wa mbere, byari bimaze kuyigezaho amadolari hafi miliyoni 11 gusa.