DRC: Imirwano Yongeye Kubura  mu Mujyi wa Mushaki

Imirwano yongeye kubura mu mujyi wa Mushakina Karuba hafi na sake mu birometero 8 gusa.

Mu mujyi muto wa Sake, impunzi zikomeje kwiyongera kubera gutinya ibisasu byungikanya.

Aho Ijwi ry’Amerika ryahereye ni ku cicaro c’umugezi uzwi nka Gihira, ugabanyamwo kabiri umujyi wa Sake.

Hari igice kimwe giherereye ku muhanda werekeza mu mujyi wa Goma, ikindi cyerekera mu duce twa Koboko, Karuba na Mushaki ubu harimo kubera imirwano. (Aho ni ho Ijwi ry’Amwrika Ryahuriye n’abaturage barimo guhunga bava Karuba).

Nubwo bitoroshye kugera aho imirwano irimwo kubera, icyo turimo kumva ahangaha ni urusaku rw’imbunda nini n’intoya zivugira mu misozi miremire ya Karuba na Mushaki, uduce imirwano ikomerejemo.

Aha ushobora kuharebesha amaso bwite dore ko ugereranyije ari mu birometero biri munsi yi cumi gusa uvuye aho duhagaze ubu muri Sake.

Uruha n’uruza rw’impunzi no kumvikana kw’ibisasu mu nkengero za Sake, bitera impungenge bamwe mu baturage.

Ku rundi ruhande nubwo hari abaterwa ubwoba n’ibisasu abandi baturage bakora akazi kabo ntacyo bikanga.

Urugero tugeze ku mugezi wa Mayutsa uhuza umunyi wa Goma na SAKE. Aha hakorerwa ubucuruzi bw’inyama z’ingurube kurysha utundi duce twose tugize SAKE.