Umutwe witwara gisirikare muri Sudani wa Rapid Support Forces (RSF), uyu munsi kuwa gatanu warimo gusatira umujyi wa Wad Madani, mu gihe intambara imaze amezi umunani irimo gukwirakwira.
Ingabo za Sudani, uyu munsi kuwa gatanu zarimo kugerageza guhagarika ibitero bya RSF, hafi ya Wad Madani, umujyi ukomeye izo ngabo zagiyemo kwikinga imirwano, kandi wakiriye abasivili ibihumbi amagana bahunze, mu mezi umunani y’intambara.
Basakiraniye mu karere kari mu bilometero hafi 170 uvuye mu majyepfo ya Khartoum, bitera ubwoba ko haba hagiye kuba indi mirwano mu bushyamirane bakwuye abantu hafi miliyoni 7 mu byabo, bukaba bwaranasize bushenye umurwa mukuru.
Ubwo bushyamirane bwanateje ubwicanyi bushingiye ku moko i Darfur.
Ifatwa ry’umujyi wa Wad Madani, utuwe cyane, aho serivisi zimwe za guverinema n’iz’abatanga imfashanyo zimukiye, ryatuma abantu ikivunge bahava kandi bikongera ibibazo byugarije ikiremwa muntu, aho ONU irimo gutanga impuruza mu bijyanye n’inzara mu turere twibasiwe n’imirwano.
Ku mbuga nkoranyambaga hahererekanyijwe amwe mu mafoto y’abantu bapakira utwabo, mu gihe abandi babazaga inzira zirimo umutekano zisohoka Wad Madani.
Ababyiboneye, babwiye ibiro ntaramakuru byo mu Bwongereza, Reuters, ko abarwanyi ba RSF, bageze Um Eleila mu bilometero 15 uvuye i Wad Madani, ariko
ko igisirikare cyashenye urutindo rutandukanya utwo turere tubiri kandi ko indege z’intambara zabonekaga zizenguruka mu kirerere.
Ababonye ibibera i Wad Madani bavuze ko bashoboraga kwumva ibisasu biturika, ariko ko nta mirwano yabereye imbere mu mujyi.