Amajyepfo y'Intara ya Gaza Yibasiwe n'Ibisasu by'Ingabo za Isirayeli

Igisasu cya mislie cy'ingabo za Isirayeli cyafashe ikirere

Ministeri y’ubuzima iyoborwa n’umutwe wa Hamasi muri Gaza yatangaje ko ibisasu Isirayeli ikomeje gusuka kuri ako karere bimaze guhitana abantu 18000 biganjemo abagore n’abana.

Umwe mu baturage icumi b’intara ya Gaza ntashobora kubona ifunguro rya buri munsi nkuko bitangazwa na Carl Ska, umuyobozi mukuru wungirije w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM).

Isirayeli iravuga ko iyi ntambara igomba gukomeza. Liyetona Koloneli Richard Hecht yabwiye radio BBC y’abongereza ko umusivili wese uguye mu ntambara aba ababaje ariko nta yandi mahitamo Isirayeli ifite.

Isirayeli yatangaje ko igiye kwagura ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Gaza. Habaye intambara ikomeye ku wa gatandatu no ku cyumweru mu mujyi wa Khan Yunis uri mu majyepfo y’iyo ntara.

Abanyepalistina bari bagiriwe inama yo guhungira mu majyepfo mu rwego rwo kwirinda intambara yo mu majyaruguru, none intambara yabasanze yo.

Umujyanama w’igihugu mu byerekeye umutekano yatangaje ko Isirayeli kugeza ubu yishe abarwanyi ba Hamasi byibuze 7,000 ariko ntiyavuze uko ikigereranyo cy’uwo mubare cyagezweho.

Inama y’ubutegetsi y’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye riyita ku buzima (OMS), yateranye kuri iki cyumweru ngo iganire ku kibazo cyo mu ntara ya Gaza. Leta zunze ubumwe z’Amerika iraha Isirayeli intwaro muri iyi ntambara irwana na Hamasi.

Ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Amerika yemeje igurishwa ry’ibisasu 14,000 by’ibimodoka bya burende ku mafaranga miliyoni $106.5 nkuko ubutegetsi bwa perezida Biden bwatitangaje.