Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi muri Uganda bishe abantu 41 barimo abanyeshuli 38 mu gitero bagabye ku ishuri ryisumbuye riri mu karere ka Kasese mu burengerazuba bw’igihugu.
Inzego z’umutekano zatangaje ko icyo gitero cyagabwe mu ma saa tanu z’ijoro ubwo batwikaga inzu abanyeshuri bo ku ishuri ryisumbuye rya Lhubiriha riri ahitwa Mpondwe bararamo. Iryo shuri riri mu birometero hafi bibiri uvuye ku mupaka uhuza Uganda na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo.
Umuyobozi w’agace ka Mpondwe Selevest Mpoze yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika ,AP, ko abo barwanyi bashimuse abandi bantu bataramenyekana umubare babambukana muri Kongo.
Uyu muyobozi yavuze ko uretse gutwikwa, abandi banyeshuri bishwe barashwe abandi baratemagurwa.
Polisi yemeje ko iki gitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wa ADF bafite ibirindiro mu burasirazuba bwa Kongo.
Mu itangazo polisi yavuze ko imibiri y’abishwe 41 ari yo imaze kuboneka. Abandi banyeshuri bakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Bwera.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko ingabo z’igihugu zikomeje gushakisha abo bicanyi basize bahekuye igihugu. Uganda isanzwe ifite abasirikari muri Kongo boherejwe guhangana n’uy’umutwe wa ADF.
Si ubwa mbere uyu mutwe ugaba ibitero muri aka gace ka Kasese. Mu 1998 nabwo bagabye igitero ku rindi shuri gihitana abanyeshuri 80.