Murisanga

Your browser doesn’t support HTML5

Abandika bakanatunganya sinema mu Rwanda bavuga ko urwo rwego rumaze gutera imbere mu gihugu. Ariko na none hari benshi bibaza icyo bisaba kugirango umuntu ashobore kwandika cyangwa ayobore filime ikacyirwa neza ku rwego mpuzamahanga? Iki kibazo n’ibindi mwibaza kuri sinema mugenzi wacu Eddie Rwema yabiganiyeho na Joel Karekezi umaze kubaka izina muri sinema. Karekezi amaze gusohora filime eshatu zimaze guhabwa ibihembo bitandukanye ku rwego mpuzamahanga. Muri zo harimo Mercy of The Jungle yahawe igihembo cya mbere muri sinema mu iserukiramuco rya sinema nyafurika FESPACO mu 2019 muri Burkina faso.