Perezida Kagame Yasabye ONU ko Hagomba Kubaho Ubufatanye

Paul Kagame ageza ijambo ku nteko rusange ya ONU ya 74 mu mujyi wa New York tariki ya 24/09/2019

Inama rusange y'umuryango w'abibumbye ya 74 yakomeje ku cyicaro cya ONU mu mujyi wa New York muri Leta zunze ubumwe z'Amerika.

Mu bafashe amagambo tariki ya 24 y'ukwa cyenda harimo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Kimwe n'abandi bamubanjirije kuvuga, yabwiye inama rusange y’umuryango w’abibumbye ko hakwiriye kubaho ubufatanye mu kubaka amahoro n’umutekano birambye kw’isi, niba igomba kugera ku ntezo z’ikinyagihumbi kw’iterambere rirambye.

Inkuru yakurikiranwe n'umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Geoffrey Mutagoma uri hano i Washington DC.

Your browser doesn’t support HTML5

Perezida Paul Kagame mu nama ya 74 y'inteko rusange ya ONU