Uko wahagera

Kwibuka25: Abakuru b'Ibihugu Bunamiye Abazize Jenoside


Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Kuri iki cyumweru tariki ya 7, imyaka 25 iruzuye Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye mu Rwanda.

Imihango yo kwibuka iyo jenoside yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni irabera mu nzu y’inama ya Kigali Convention Centre.

Iyi mihango yabanzirijwe n’igikorwa cyo gucana urumuri rw’icyizere, kunamira no gushira indabo ku mva z’abazize jenoside bagera ku 250,000 bashyinguwe ku rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi mu mujyi wa Kigali.

Muri uwo muhango Perezida Paul Kagame yaherekejwe n'abandi bakuru b'ibihugu na za guverinema ba Cadi, Kongo, Djibouti, Nijeri, Ububiligi, Canada na Etiyopiya.

Hari kandi abayobozi b'Umuryango w'Afurika yunze ubumwe n'abo mu muryango w'ibihugu by'ubulayi baje kwifatanya n’Abanyarwanda.

Mu kiganiro yahaye Ijwi ry’Amerika, Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Richard Sezibera yavuze ko bategereje abakuru b’ibihugu na za guverinema bagera kuri 20.

Igihugu cy’Ububiligi cyakolonije u Rwanda gihagarariwe na Ministiri w’Intebe Charles Michel.

Perezida Emmanuel Macron w’Ubufransa yari yatumiwe ariko yahisemo kohereza umudepite Herve Berville, w’imyaka 29 ufite inkomoko mu Rwanda.

Icyo gihugu cyakomeje kenshi gutungwa agatoki n’u Rwanda kuba cyarashyigikiye guverinema yateguye ikanakora jenoside mu Rwanda.

Kuwa gaanu perezida Macron yashyizeho itsinda ry’abahanga ryo kugenzura uruhare rw’Ubufransa imbere no mu gihe cya jenoside. Yamaze kandi no gutangaza ko tariki ya 7 y'ukwezi kwa kane igizwe tariki yo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi.

Facebook Forum

XS
SM
MD
LG