Abiyamamaza
ku budepite bahuye na komisiyo y'igihugu y'amatora. Uwo mubonano wamaze hafi
amasaha 4, buri mutwe wa politiki wiyamamaza wari uhagarariwe n'umuntu umwe.
Umukandida umwe wigenga Harerimana JMV nawe yari yawitabiriye. Aha ni abatorwa
mu buryo butaziguye. Ku batorwa k'uburyo buziguye, buri wese ku giti cye yari
ahibereye. Abo ni urubyiruko, abagore, n'abafite ubumuga.
Perezida
wa Komisiyo y'igihugu y'amatora Pr. Chrysologue Karangwa, yabwiye abo bakandida
ko bagomba kumenya no kubahiriza ibikubiye mu itegeko rigenga itora rya
Perezida wa Repubulika n'abadepite. Ndetse bakamenya n'amabwiriza ya komisiyo
y'igihugu y'amatora.
Pr
Karangwa yababwiye ko uziyamamaza mu buryo bunyuranyije n'amategeko
azihanangirizwa yasubira akaba yakurwa kuri lisite y'itora.
Pr.
Karangwa yababwiye ko abazatorwa mu buryo buziguye, komisiyo izaborohereza.
Bose bakazajya biyamamariza igihe kimwe imbere y'inteko z'abatora.
Abakandida
depite, cyane cyane mu bagore, basabye ko mu gihe cyo kwiyamamaza abagore
bagenzi babo nabo b'abakandida bareka kujya bitabirira amanama ategurwa
n'inzego z'abagore basanzwemo. Karangwa yabibemereye ndetse abuza ayo manama no
kurubyiruko ndetse n'abafite ubumuga.
Igikorwa
cyo kwiyamamaza cyatangiye ku itariki ya 25 z'ukwezi kwa 8 kikazarangira ku
itariki ya 13 z'ukwezi kwa 9 mu mwaka wa 2008. Amatora y'abadepite ateganijwe
mu Rwanda kuva ku itariki ya 15 kugeza kuya 18 z'ukwezi kwa 9 mu mwaka wa 2008.