Uko wahagera

Ingaruka y’Ibiciro Bikabije ku Ifaranga ry'u Rwanda


Mu Rwanda izamuka ry'ibiciro rikabije rifite ingaruka ku ifaranga ry'igihugu. Guverineri wa Banki Nkuru y'u Rwanda, Bwana Francois Kanimba, yatangaje ko mu mezi 6 ya mbere y'umwaka wa 2008, ibiciro mu Rwanda byazamutseho 13,1 ku 100. Ati" iri zamuka ni rinini, ntabwo risanzwe, kandi ntabwo rituruka mu gihugu imbere, riraturuka hanze".

Guverineri Kanimba avuga ko iyo hari izamuka ry'ibiciro, rituma ifaranga rigenda rita agaciro. Ati "icyo umuntu ahahisha iryo faranga, cyataye agaciro bingana n'izamuka muri rusange riri ku masoko". Yatangaje ko iyo umuntu agereranije ifaranga ry'u Rwanda n'amadolari y'abanyamerika, abona agaciro kagihari. Ariko, ku mayero akoreshwa i Bulayi, ifaranga ry'u Rwanda ryataye agaciro ka 5 ,9 ku ijana.

Guverineri Kanimba yatangaje ko impamvu nyamakuru y'iri zamuka ari ibituruka kuri peteroli bikomeje kuzamuka ubutitsa ku isoko mpuzamahanga. Avuga ko cyakora u Rwanda mu by'ubuhinzi rwagize umusaruro mwiza wiyongeyeho 19 ku 100 ariko bitewe n'uko ibyo u Rwanda rweza bicuruzwa mu karere ruherereyemo ntacyo uwo musaruro wamaze.

Guverineri Kanimba yatangaje kandi ko ibisubizo ku izamuka rikabije ry'ibiciro biri mu gihe kirekire. Ati "bisaba ko habaho impinduka mu mitere y'ubukungu bw'u Rwanda". U Rwanda kandi rukazabifashwamo n'imishinga iri gutegurwa mu karere rurimo yo gutwara abantu n'ibintu, ndetse no kuzana ibikomoka kuri peterori hakoreshejwe imiyoboro aho gukoresha imodoka.

XS
SM
MD
LG