Uko wahagera

Mugisha Furaha Yirukanwe k'Ubutaka bw'u Rwanda


Umuyobozi wungirije w'ikinyamakuru kigenga UMUSESO yirukanwe k'ubutaka bw'u Rwanda. Ku itariki ya 12 z'ukwezi kwa 7 mu mwaka wa 2008, Bwana Mugisha Furaha yajyanywe muri Tanzaniya ku ngufu, n'ikigo gishinzwe abinjira n'abasohoka mu Rwanda. Icyo kigo kivuga ko Furaha atari Umunyarwanda akaba yarubagamo mu buryo bunyuranyije n'amategeko, ndetse harimo no gukora umwuga w'itangazamakuru k'ubutaka bwarwo.

Nk'uko umuyobozi mukuru w'ikinyamakuru UMUSESO Bwana Charles Kabonero yabitangarije radiyo Ijwi ry'Amerika, yavuze ko ibyakorewe Furaha ari urwitwazo. Ahubwo biri mu rwego rwo gusenya ikinyamakuru cyabo hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka. Kabonero yemeza ko Furaha ari Umunyarwanda, bitewe n'uko nyina ari Umunyarwandakazi, n'ubwo se ari Umunyatanzaniya.

Mugisha Furaha abaye umunyamakuru wa kabiri wirukanwe k'ubutaka bw'u Rwanda mu mwaka wa 2008, nyuma ya Mukombozi Robert wari uhagarariye ikinyamakuru Daily Monitor c'i Bugande, wirukanwe mu Rwanda mu kwezi kwa gatatu. Bose birukanwe ku mpamvu zimwe zo kuba biyitaga Abanyarwanda mu gihe ikigo gishinzwe abinjira n'abasohoka kivuga ko ataribo.

XS
SM
MD
LG