Uko wahagera

Imyaka 14 yo Kwibohoza mu Rwanda


Mu Rwanda bizihije imyaka 14 yo kwibohoza. Mu ijambo rya Perezida w'u Rwanda Paul Kagame, yavuze ko biteye isoni ku banyarwanda bibohoje, ariko bakaba bagitunzwe n'abagiraneza. Yavuze ati « dukwiye kwishyura iby'abandi ».

Perezida Kagame yatangaje ko inzira yo kwibohoza u Rwanda rurimo, ireba imbere kandi ari ukwihuta. Yagize ati « Nyuma y'ubwigenge twamaze imyaka 32, turongera dusubira aho twahereye tuyibara, iyo 32 iba imfabusa ». Yongeyeho ko ibitarayikozwemo byagombaga kuyikorwamo byongerwa ku byo u Rwanda rugomba gukora mu myaka iri imbere.

Ku rwego rw'igihugu, ku itariki ya 4 Nyakanga mu mwaka wa 2008, ibirori byo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 14, byabereye mu karere ka Muhanga mu ntara y'amajyepfo .

Kuri uwo munsi, ni naho hibutswe imyaka 46 ishize u Rwanda rubonye ubwigenge. Itariki nyirizina yabwo ni itariki ya 1 y'ukwezi kwa 7, iba ikiruhuko gusa ntiyizihizwa. Ifatanywa n'itariki ya 4 Nyakanga umunsi wo kwibohoza ari nawo munsi ingabo zahoze ari iza FPR-INKOTANYI zafatiyeho u Rwanda mu mwaka wa 1994.

XS
SM
MD
LG