ku cyumweru, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yamaze umunsi we wa nyuma nka perezida, muri leta ya Karolina y'epfo, asaba Abanyamerika “kugumana icyizere mu minsi myiza iri imbere.”
Mu rusengero rw’Ababatisita mu majyaruguru y’umujyi wa Charleston, Biden yibutswe cyane n’abafatanyabikorwa muri politiki, maze ahabwa amashyi menshi n’abari bateraniye mu rusengero, bahagurutse mu buryo bwo kumwishimira.
Biden yagize ati: “Natewe ishema mu buzima bwa njye no kubabera perezida. Ni iby’agaciro gakomeye kuri Jill n’umuryango wacu. Mu gihe dusoza uru rugendo hamwe nawe, nshimishijwe cyane n’umurimo wacu, ku myaka 29 nari nkiri umwana, ubwo natorwaga. Ntabwo nari nkuze bihagije, ngo ntorerwe uwo mwanya. Sinaniwe na gato.”
Perezida Biden n'umufasha we Jill Biden, bashoje uyu munsi basura inzu ndangamurage mpuzamahanga y'Abanyamerika b’abirabura mu mujyi wa Charleston, uri ku cyambu cy’inkombe y’Atlantika.
Biden yagize ati: "Ariko tugomba gukomeza. Turabikesha abatubanjirije. Dore aya mazi n’andi yose azaza nyuma. Bantu bacu, hari byinshi dushobora gukora. Tugomba gukomeza kubigiramo uruhare. Tugomba kubigumamo.”
Gahunda yo kwiyamamariza kuba perezida kwa Biden, yashyigikiwe cyane na Despite James Clyburn, umunyapolitiki w’umwirabura wari ubifitemo uburambe. Yahagarariye Leta ya Karolina y’epfo muri Kongre y’Amerika imyaka 31.
Gushyigikirwa na Clyburn byatumye Biden atsinda mu matora y’ibanze muri iyi Leta, kandi byatumye ishyaka ry’Abademokarate mu mwaka wa 2020 rimutoranya ngo arihagararire mu matora ya perezida.
Forum