Inama y’umuryango w’abibymbye ishinzwe umutekano ku isi iraterana kuri uyu wa mbere, ihuriwemo n’abayigize gusa, kugirango isuzume uko ibintu byifashe muri Siriya nyumwa y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Prezida Bashar al -Assad.
Iyo nama yasabwe n’Uburusiya bwashyigikigiye cyane Assad mu ntambara yari amaze imyaka 14 arwana n’abatavuga rumwe nawe. Iyo nama irasuzuma uko hakoherezwa ingabo z’umuryango w’abibumbye mu misozi ya Golani.
Ingabo za Isirayeli zahafashe ibirindiro kuri iki cy'umweru ingabo za Siriya zimaze kuhava. Ikibazo gisigaye kiri ku miyoborere ya Siriya yari imaze imyaka hafi 50 iyoborwa n’umuryango umwe wa Asad.
Forum