Mu gihe isi yitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore mu cyumweru gitaha, muri Repubulika ya demokarasi nya Kongo harabarurwa abagore bagera ku 25 000 bamaze gufatwa ku ngufu kuva intambara yubuye muri icyo gihugu mu myaka mike ishize.
Muri bo 87 ku ijana ni abo mu burasirazuba bw’igihugu biganjemo cyane abari mu bice byibasiwe n'intambara.
Kuri uyu wa gatanu, mu mujyi wa Goma uri mu burasirazuba bwa Kongo abagore barirwa mu magana bazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ibyo bikorwa bibi bibakorerwa.
Umunyamakuru Jimmy Shukrani Bakomera yakurikiye icyo gikorwa ategura inkuru ikurikira.
Forum