Umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Rubavu ruri ku Gisenyi mu Burengerazuba bw’u Rwanda yahisemo kutaburanisha mu mizi urubanza ubushinjacyaha buregamo abagabo 18 ibikorwa by’iyicarubozo muri za gereza.
Aravuga ko hari abandi bakihishe ubutabera n’abatarabona amadosiye y’ibirego kandi ko uru rubanza rufite umwihariko udasanzwe. Avuga ko yirinda ingaruka zavuka ibyo bibazo bitarava mu nzira.
Umunyamakuru Eric bagiruwubusa yakurikiranye iki kibazo ategura inkuru irambuye ushobora kumva mu ijwi hano hepfo:
Forum