Leta ya Uganda iherutse gutegeka ko impunzi zivuye muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo zihabwa igihe ntarengwa cyo kuva hafi y’umupaka wa Bunagana zikajyanwa mu nkambi z’impunzi zinyuranye hirya no hino mu gihugu.
Bamwe muri izo mpunzi baravuga ko aho izo mpunzi zakirirwa mu nkambi ya Nyakabande hagaragara ibibazo by’ivangura rishingiye ku moko. Bemeza ko ubutegetsi bwa Uganda bwanze kubandika nk’impunzi bavuga ko ari Abanyarwanda bityo bakabafata nk’abimukira aho kubafata nk’impunzi.
Umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Ignatius Bahizi yanyarukiye aho i Bunagana aganira na bamwe muri izo mpunzi. Inkuru irambuye yateguye mushobora kuyikurikira mu ijwi rye hano hepfo.
Facebook Forum