Uko wahagera

Igitero cy'ingabo z'Amerika Kishe Aba-Shabab 62 muri Somaliya


Igisilikali cy'Amerika cyatangaje uyu munsi ko cyagabye ibitero by’indege z’intambara bitandatu kuwa gatandatu no ku cyumweru muri Somaliya.

Ibyo bitero byahitanye aba-Shabab 62. Nk’uko itangazo ry’ingabo za Leta zunze ubumwe z’Amerika ribivuga, ibi bitero babikoze bafatanyije n’igisilikali cya Somaliya. Ryemeza kandi ko nta musivili wabikomerekeyemo cyangwa wabiguyemo.

Facebook Forum

XS
SM
MD
LG