Uko wahagera

Perezida Mnangagwa Yasuye Tsvangirai Urwaye


Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yicaranye n'umuyobozi w'ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi rya MDC, Morgan Tsvangirai, urwariye iwe mu rugo.
Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa yicaranye n'umuyobozi w'ishyaka ritavuga rumwe n'ubutegetsi rya MDC, Morgan Tsvangirai, urwariye iwe mu rugo.

Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa, na visi-perezida we General Constantino Chiwenga, bajyanye gusura Morgan Tsvangirai iwe mu rugo. Tsvangirai ayobora ishyaka MDC ritavuga rumwe na leta. Yabaye minisitiri w’intebe kuva mu 2009 kugera mu 2013.

Nyuma y’ibiganiro byamaze igice cy’isaha, Perezida Mnangangwa yavuguruje ibivugwa ko ashaka gushyiraho guverinoma y’ubumwe n’abatavuga rumwe na leta.

Morgan Tsvangirai uyobora ishyaka MDC ritavuga rumwe na leta
Morgan Tsvangirai uyobora ishyaka MDC ritavuga rumwe na leta

Perezida Mnangwa na Visi-Perezida Chiwenga bagiye gusura Tsvangirai kubera ko arwaye cyane. Afite canseri. Mnangangwa yavuze ko Tshangirai araho, ariko ko agomba gusubira kwivuza muri Afrika y’Epfo.

Tchangirai, wagaragaye ko yashaje kandi yananutse cyane, ntacyo yabwiye abanyamakuru nyuma y’ikiganiro yagiranye n’abayobozi b’igihugu.

Facebook Forum

XS
SM
MD
LG