Mu Rwanda, umucamanza mu rukiko rw'ibanze rwa Nyarubuye mu karere ka Muhanga yasubitse iburanisha ry'urubanza Dogiteri Theoneste Niyitegeka aregamo ubuyobozi bwa gereza ya Nyanza kumufunga binyuranyije n'amategeko.
Umucamanza agomba gusuzuma niba afite ububasha bwo kuburanisha uru rubanza.
Dogiteri Niyitegeka washakaga kwiyamamariza umwanya w'umukuru w'igihugu mu 2003 ntibimukundire, amaze imyaka umunani afungiwe ibyaha bya jenoside. Avuga ko ibyaha yahamijwe bishingiye ku mvano za politiki.