Inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena mu Rwanda na yo yemeje ku impuzandengo y'ijana ku Ijana ishingiro ry'umushinga wo kuvugurura itegeko nshinga ngo Prezida Kagame akomeze kuyobora.
Icyemezo cya sena kije nyuma y'icyumweru kimwe gusa abadepite batoye Ijana ku Ijana uyu mushinga.
Umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Eric Bagiruwubusa ukurikirana imirimo y'imitwe yombi ku guhindura itegekonshinga aravuga ko nta mpaka zityaye zagaragaye ku basenateri. Uretse umwe rukumbi wagaragaje igisa n’impungenge ku burambe bw’uyu mushinga w’itegeko.