Mu Rwanda, abatuye mu ntara y' i Burasirazuba mu turere twa Rwamagana na Bugesera, baratabaza leta ngo ibubakire imihanda n'amateme byacitse.
Abo baturage bavuga ko kutagira imihanda biri mu bidindiza iterambere ryabo, kandi byari mu ngamba bateganije.
Ubuyobozi bw'intara y'i Burasirazuba bwabwiye Ijwi ry’America ko bwahagurukiye ibyo bibazo mu ngengo y’imali y’uyu mwaka. Ni inkuru yateguwe n'umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika mu Rwanda Eric Bagiruwubusa.