WASHINGTON, DC —
Leta zunze ubumwe z'Amerika yatanze icyifuzo cy'uko hashyirwaho urukiko mpanabyaha mpuzamahanga kuri Republika iharanira demokrasi ya Kongo.
Ambasaderi w'Amerika wihariye ukurikirana ibibazo by'ibyaha by'intambara n'ibyaha byibasiye inyoko muntu mu ntangiriro z'ukwezi kwa kabiri mu 2014 yatangarije i Goma ko urwo rukiko rukenewe kugirango abakoze ibyaha ndengakamere muri Kongo babiryozwe.
Ambasaderi Stephen Rapp yavuze ko urwo rukiko ruhuriweho n'abanykongo n'abandi banyamahanga rwaba ruteye nk'urwo muri Sierra Leone, kandi rushmikiye ku rukiko mpanabyaha mpuzahanga. Ambasaderi Rapp kandi yasobanuye ko ibihugu bya Uganda, u Rwanda n'u Burundi bitashyirwa muri urwo rukiko kubera uruhare bamwe mu bayobozi b'ibyo bihugu bakekwa kuba baragize muri Kongo.
Mu kiganiro Dusangire Ijambo, umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Etienne Karekezi yatumije impuguke mu by'amategeko baganira ku miterere n'imikorere y'urwo rukiko.
Ambasaderi w'Amerika wihariye ukurikirana ibibazo by'ibyaha by'intambara n'ibyaha byibasiye inyoko muntu mu ntangiriro z'ukwezi kwa kabiri mu 2014 yatangarije i Goma ko urwo rukiko rukenewe kugirango abakoze ibyaha ndengakamere muri Kongo babiryozwe.
Ambasaderi Stephen Rapp yavuze ko urwo rukiko ruhuriweho n'abanykongo n'abandi banyamahanga rwaba ruteye nk'urwo muri Sierra Leone, kandi rushmikiye ku rukiko mpanabyaha mpuzahanga. Ambasaderi Rapp kandi yasobanuye ko ibihugu bya Uganda, u Rwanda n'u Burundi bitashyirwa muri urwo rukiko kubera uruhare bamwe mu bayobozi b'ibyo bihugu bakekwa kuba baragize muri Kongo.
Mu kiganiro Dusangire Ijambo, umunyamakuru w'Ijwi ry'Amerika Etienne Karekezi yatumije impuguke mu by'amategeko baganira ku miterere n'imikorere y'urwo rukiko.