Uko wahagera

Abanyamakuru: Uburenganzira bwa Ntamuhanga Bwubahirizwe


Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien n'abo bashinjwana
Umunyamakuru Ntamuhanga Cassien n'abo bashinjwana
Mu itangazo yashyize ahagaragara kuwa kabiri taliki ya 15 y’ukwa kane mu 2014, komisiyo igenzura imikorere y’itangazamakuru mu Rwanda yavuze ko ihangayikishijwe bikomeye cyane n’ifungwa ry’umunyamakuru Ntamuhanga Cassien, ushinjwa ibyaha ari kumwe na Kizito Mihigo.

Ntamuhanga Cassien ni umuyobozi wa radiyo yigenga yitwa “Amazing Grace.” Nk’uko komisiyo igenzura imikorere y’itangazamakuru ibivuga, Ntamuhanga yazimiye ku italiki ya 7 y’ukwezi kwa kane 2014. Yamaze icyumweru cyose yarazimiye, polisi ivuga gusa ko irimo ikora iperereza ku izimira rye. Polisi yatangaje ku mugaragaro ko ari yo imufite ku wa mbere taliki ya 14 y’ukwezi kwa kane.

Komisiyo irasaba ikomeje ko ubutabera bushyirwa imbere bidatinze, kandi iributsa ko Ntamuhanga ari umwere igihe cyose nta rukiko ruramuhamya icyaha. Iyo komisiyo irasaba kandi ko ahabwa uburenganzira bwe yemerewe n’amategeko, burimo gusurwa n’umuryango we no kugira umunyamategeko wo kumwunganira yihitiyemo.
XS
SM
MD
LG