Mu Rwanda abakandida bashaka kwinjira muri za jyanama z’uturere ari nabo bazavamo abayobozi b’uturere n’ababungirije, kuwa gatatu taliki 10 y'ukwezi kwa gatatu umwaka wa 2015 batangiye kugeza ku baturage ibyo bazabakorera.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo nabo babwiye Ijwi ry’Amerika ko bifuza ko abazatorwa bazaca ruswa mu karere kabo ndetse bakagerageza gushaka icyazamura abaturage mw’iterambere cyane cyane ba rubanda rugufi.
Inkuru irambuye y’umunyamakuru w’Ijwi ry’Amerika Assumpta Kaboyi uri i Kigali mu Rwanda.